UMUCUNGUZI YAVUTSE ESE KOKO YAKUVUKIYE? MUKOMEREHO KUKO NTACYINDI CYAZAGUHA AMAHORO URETSEWE YATUVUKIYE HALELUYA.
Vukira mu mitima yacu uduhe kugukomeza ubutajegajega, tugusingize bigukwiye tugukesha kuba tugihagaze kandi imyaka ibaye myinshi amaraso atemba ubudatuza. Imiborogo, intimba, n’imibabaro byisukiranya ubudatuza, ibitero by’umwanzi byisukiranya ariko uwakwakiriye akaba agutunze muri we washwanyaguje imyambi y’imyambi y’ababisha bacu.

Wasibye imva zari zaducukuriwe biturutse k’urukundo rwawe mukwigomwa ikinege cyawe ngo kidukize ayo mahano yose.
Mucunguzi wacu ganza iwacu. Atari uburinzi bwawe Mana yacu no kugusingiriza hano i Kisangani ntibiba bibaye kuri uyu munsi. Gusa tuzi ko ibidashoboka utegeka ko bikunda byose mu buhangange bwawe ntacyigukomerera.
Noheli nziza kuri twese, ishimwe kubari hafi no kubari kure twese wicishe bugufi utwigarurire, urwo rugamba urugire urwawe utugenere iri funguro rya buri munsi. Haza roho zacu mu by’ubugingo, shenjagura n’inkota yawe imitima yinangira, bibe uko ushaka wowe mugenga, umubiri wawe n’amaraso yawe bikomeze kudutagatifuza uko bikwiye maze mu bubasha bwawe biduhe guhorana ituze mu mitima yacu.

Waducunguye wabiteguye uduha n’intumwa zawe mu kuduhumuriza no kudukomeza mu masakramentu atandukanye yose aduhuza nawe. Ubwo wemeraga kwigira umuntu watweretse urugero rw’inzira tuzanyuramo haba mu byago cuangwa mu makuba ayariyo yose, bityo nidukora ugushaka kwawe uzatugeze iwawe aho twihutira kujya, twuzuzemo urukundo n’ubumwe bigukomotseho byo gushikamaho, kugirango isi yose idusoromeho iyo mbuto maze, Noheli isendereze amahoro n’umunezero hose mu biremwa byawe.
Umukiza mwiza ature mu mitima yacu udukize umwanzi udutera icyaha, agatuma ibyago bihora iwacu. Uvukire kwimika umucyo iwacu umwijima uhunge burundu, bityo duhore dukereye gukora ibyiza. Bohora imitima yigaruriwe na Sekibi, tsemba inzangano n’inzika biboshye abawe, maze umubyeyi wawe abashyire mu gishura kizirinenge. Mubyeyi BikiraMariya habwa impundu z’ababyeyi kubera igikorwa cy’agahebuzo cyo kutubyarira umutabazi, tuzirikana. iyo neza itagira ukwisa.
Mubyeyi ugira impuhwe, takambira abana bawe babuze amahoro mu mashyamba ya Congo. Abarundi nabo ni wowe bahanze amaso, Mubyeyi uhorana urukundo,dusabire amahoro y ‘umutima n’ay’umubiri maze twibere mu gishura cyawe, kugirango tuzarusheho kukurata no kugusingiriza hamwe n’umwana wawe w’ikinege Yezu Kristu umukiza wacu. Komrza udusabire Mubyeyi. Amina.
Chantal NYIRANEZA
Duterimbere-media